Tuesday 14 September 2021

Gukeneka intore : inzozi ushobora gukabya !

Umuryango mugari w’intore ukomeje gukotanira kutwuzuzamo imitekerereze iduca intege ndetse no guhirimbanira kuduhingamo imyitwarire ituma duhugira mu bintu bitari iby’ingenzi. Urugero, ni umugani uvuga ngo « akaje karemerwa », utumirira rubanda kudahirahira bashakira ibisubizo ibibazo byo mu rwego rwa politiki byugarije umuryango nyarwanda. Urundi rugero, ni ukuba udashaka ko amateka y’igihugu cy’u Rwanda avugwa uko ari, ukaba ushishikariye kudutsindagiramo amateka yahimbiwe kuwufasha guheza rubanda mu bucakara.

Abemeye kumva ibintu uko ubishaka bisanga bagomba gupimapima buri jambo risohoka mu kanwa kabo (ku karubanda no mu gikari ndetse rwose no mu mitima yabo ubwayo ku buryo hari n’ibyo badashobora kwibwira bo ubwabo) kandi amaherezo bagatandukana burundu n’ukuri nyakuri (kwa kundi intore butore zigambiriye gupfukirana) maze bakaba abizera b’ibinyoma, akaba ari byo bafata nk’ukuri bagomba gukomeraho. Hari abatabyemera bakitwara ukundi ndetse bakagomba kwitwararika ngo batagerwaho n’iterabwoba n’ibitotezo byiyongera ku bisanzwe bya buri munsi. Ng’uko uko bamwe muri abo (kandi ni bo benshi) bafata icyemezo cyo kujya bavuga ururimi rw’intore igihe bari mu ruhame ariko bagera mu ngo zabo bakaganira ku bintu uko byakabaye nta kubigoreka. Abari muri iki cyiciro (n’ubwo ibyabo biba bigifite igaruriro kuruta uko byakorohera abihenze bakemera kuyoborwa na wa mugani wavuzwe haruguru ngo « akaje karemerwa ») baba babayeho mu bubihirwe butagira uko buvugwa. Baba bazi ukuri nyakuri bakagira ubwoba bwo kuguhagararaho mu ruhame, bagahora barwana na bo ubwabo ngo hato umutima wabo utavaho uteshuka ugasesekaza ku munwa akawuzuye. Abanze gukomeza gucecekeshwa ako kageni n’ibikangisho birimo kwicwa, gufungwa n’ibindi, baratobora bakavuga isi igakangarana. Abandi bariyufura bagahungira mu mahanga atanga umutekano, ubwisanzure n’uruvugiro. Ni bo bazi uko gukeneka intore biryoha.

Tekereza kurebana n’intore amaso ku yandi idashobora kugira icyo igukoraho ugakubita agatwenge ukayikeneka ikabura icyo ikora ikegura amabinga ikabebera. Ni inzozi abanyarwanda babiharanira bashobora gukabya muri iki gihe no mu gihe kizaza.

----------------------------------------------------------------------------------------------------------------------------