Showing posts with label ukuri. Show all posts
Showing posts with label ukuri. Show all posts

Tuesday 14 September 2021

Gukeneka intore : inzozi ushobora gukabya !

Umuryango mugari w’intore ukomeje gukotanira kutwuzuzamo imitekerereze iduca intege ndetse no guhirimbanira kuduhingamo imyitwarire ituma duhugira mu bintu bitari iby’ingenzi. Urugero, ni umugani uvuga ngo « akaje karemerwa », utumirira rubanda kudahirahira bashakira ibisubizo ibibazo byo mu rwego rwa politiki byugarije umuryango nyarwanda. Urundi rugero, ni ukuba udashaka ko amateka y’igihugu cy’u Rwanda avugwa uko ari, ukaba ushishikariye kudutsindagiramo amateka yahimbiwe kuwufasha guheza rubanda mu bucakara.

Abemeye kumva ibintu uko ubishaka bisanga bagomba gupimapima buri jambo risohoka mu kanwa kabo (ku karubanda no mu gikari ndetse rwose no mu mitima yabo ubwayo ku buryo hari n’ibyo badashobora kwibwira bo ubwabo) kandi amaherezo bagatandukana burundu n’ukuri nyakuri (kwa kundi intore butore zigambiriye gupfukirana) maze bakaba abizera b’ibinyoma, akaba ari byo bafata nk’ukuri bagomba gukomeraho. Hari abatabyemera bakitwara ukundi ndetse bakagomba kwitwararika ngo batagerwaho n’iterabwoba n’ibitotezo byiyongera ku bisanzwe bya buri munsi. Ng’uko uko bamwe muri abo (kandi ni bo benshi) bafata icyemezo cyo kujya bavuga ururimi rw’intore igihe bari mu ruhame ariko bagera mu ngo zabo bakaganira ku bintu uko byakabaye nta kubigoreka. Abari muri iki cyiciro (n’ubwo ibyabo biba bigifite igaruriro kuruta uko byakorohera abihenze bakemera kuyoborwa na wa mugani wavuzwe haruguru ngo « akaje karemerwa ») baba babayeho mu bubihirwe butagira uko buvugwa. Baba bazi ukuri nyakuri bakagira ubwoba bwo kuguhagararaho mu ruhame, bagahora barwana na bo ubwabo ngo hato umutima wabo utavaho uteshuka ugasesekaza ku munwa akawuzuye. Abanze gukomeza gucecekeshwa ako kageni n’ibikangisho birimo kwicwa, gufungwa n’ibindi, baratobora bakavuga isi igakangarana. Abandi bariyufura bagahungira mu mahanga atanga umutekano, ubwisanzure n’uruvugiro. Ni bo bazi uko gukeneka intore biryoha.

Tekereza kurebana n’intore amaso ku yandi idashobora kugira icyo igukoraho ugakubita agatwenge ukayikeneka ikabura icyo ikora ikegura amabinga ikabebera. Ni inzozi abanyarwanda babiharanira bashobora gukabya muri iki gihe no mu gihe kizaza.

----------------------------------------------------------------------------------------------------------------------------



Saturday 11 September 2021

Aho ntibigamije ahubwo guhisha ko Paul Kagame yaba afungishijwe ijisho !

Ibigaragarira bose ni uko hashize igihe ataboneka aho aba yitezwe. Kubw’ibyo, n’umuntu utaba yaragize aho ahurira n’inkuru zakwirakwijwe ku rupfu rwe yakwigerera we ubwe ku mwanzuro w’uko agomba kuba ari mu mimerere imuhatira kwizingira hamwe nk’uburwayi cyangwa akaba atakiriho, mbere na mbere mu buryo bwa politiki, hanyuma mu buryo bw’umubiri; bishobora kandi kuba atari uko bimeze akaba ahubwo afungishijwe ijisho ku buryo atari we ugena aho ajya n’aho atajya. Ni koko, ibyo kuba yaba afungiwe iwe na byo birashoboka kandi, biramutse ari byo, nta gushidikanya ko leta yahoze ari iye yakora ibishoboka byose ngo ibihishe.

Uko byaba biri kose, icyo abanyarwanda bakwiye kwitondera mu bihereranye n’inkuru y’urupfu rwa Paul Kagame ni ukuba leta y’inkotanyi isanzwe ari isoko y’inkuru zitari zimwe zitangazwa n’abantu bambaye umwambaro wa opozisiyo. Birashoboka rwose ko, ifashijwe no kuba ari yo yamenye mbere ya opozisiyo ko guhera ubwo Paul Kagame yari kutazongera kuboneka aho yari kuba akwiye kuba agaragara ndetse ikaba yari izi n’imvano yabyo ariko idashaka ko ukuri kuri byo kuba ikimenyabose, leta y’inkotanyi yitanguranyijwe igashaka mu bo muri opozisiyo abo yari kwizera ko badashungura ibyo babwiwe mbere yo kubimira no kubikwirakwiza. Imaze kubabona akaba ari bo (hamwe n’inkotanyi zikorera mu mahanga) isunikira inkuru yakoze mu buryo buhuje n’uko yifuzaga ko uko kubura kwe kuzafatwa na rubanda ngo bazitangaze mu ijwi rya opozisiyo.

Ukuri ni uko kugeza ubu nta munyapolitiki n’umwe mu batavuga rumwe na leta bakorera mu bwigenge busesuye urubaka ubushobozi bumushoboza kuba yaneka ingoma y’inkotanyi. Kwitegereza ibihe n’ibimenyetso kimwe no gusesengura ibiba, ibivugwa n’ibyandikwa byo birashoboka. Ariko ibyo kuba hari uwacengera inkotanyi kugeza ubwo ari zo ubwazo zamugezaho amakuru atariho umukungugu ku bijyane n’ibibera mu nda y’ingoma yazo biracyari kure. Ikimenyetso kibigaragaza ni uko n’izitwa zo zabaye ibigarasha nta cyo zivuga ku byo zabayemo usibye guhirika ibibuye birangaza rubanda cyangwa gutangaza ibisanzwe ari ikimenya bose babyita kumena amabanga y’ingoma bitazwi niba mu by’ukuri barayisohotsemo.

----------------------------------------------------------------------------------------------------------------------------