Wednesday 1 September 2021

IBITEKEREZO-RUGERO KU BUNYARWANDA BUHA BOSE RUGARI*

Nta gushidikanya ko u Rwanda rwakungukira bidasanzwe mu ishyirwaho ry’ubutegetsi bwo mu buryo bw’uturere twishyize hamwe (entités fédérées)1 bushingiye ku ihame ry’ubwiganze bw’amajwi y’abatoye, bwubahiriza ihame ry’ubwuzuzanye n’iry’uburinganire bw’abenegihugu kandi buha buri bwoko na buri karere ubwigene n’umwanya ukwiye mu mitegekere y’igihugu.

Dore ibitekerezo-shingiro bitanu bishobora kuba urufatiro rwiza kandi rutajegajega muri iryo yubakagihugu gahuzamiryango :

Igitekerezo-shingiro cya mbere

Umushoborabyose ni Imana.

Igitekerezo-shingiro cya 2

(I) Buri muntu, ijwi.

(II) Ntawe uzongera gutotezwa, kuburabuzwa cyangwa kwigizwayo muri politiki azizwa kuba ahuje ubwoko na benshi mu bashobora gutora.

Igitekerezo-shingiro cya 3

(I) Si ngombwa ko abahagararira abandi baba bahuje na bo ubwoko (batuye mu karere kamwe). Icyakora, ni ngombwa ko abahagararira ubwoko (akarere) runaka mu rwego rw'amategeko baba baratowe n'ababugize (n'abagatuyemo).

(II) Isangiragihugu gahuzamiryango :

(A) Umubare w'abahagararira ubwoko runaka mu nteko ishinga amategeko waba ungana nibura n'umubare w'inshuro wakuba n'ijanisha-fatizo runaka ry'abashobora gutora kugirango ugere ku ijanisha ringana n'iryo abagize ubwo bwoko bafite mu bashobora gutora. Ni na ko byaba bimeze ku bagize icyiciro cy'abatora batanyujije amajwi yabo mu bwoko runaka.

(B) Umubare w'abahagararira ikomini muri njyanama y'akarere waba ungana nibura n'umubare w'inshuro wakuba n'ijanisha-fatizo runaka ry'abaturage bako bashobora gutora kugirango ugere ku ijanisha ringana n'iryo abaturage b'iyo komini bafite mu baturage b'ako karere bashobora gutora.

(III) Itoramyanzuro riha rugari amahitamo ya rubanda :

(A) Kubaka umuco w’ishingamategeko rikoresha inzira ya kamarampaka, hakubiyemo na za kamarampaka zisabwe n’abagize rubanda ubwabo (référendum d’initiative populaire), ni uburyo bwafasha mu guca umuco mubi wo guhakirizwa n’uw’ubusumbane bukabije hagati ya rubanda n'abavuga rikijyana mu bihereranye no kugira uruhare mu guha igihugu icyerekezo.

(B) Kuzamura umubare w'abagize inteko nshingamategeko (njyanama), biganisha ku ijanisha-fatizo ryavuzwe haruguru rirushaho kuba rito, ni uburyo butuma haba abandi banyarwanda binjira mu nteko nshingamategeko (muri njyanama), bityo na bo bakagira uruhare mu mikorere yayo.

Igitekerezo-shingiro cya 4

Amasezerano y'ubufatanye (coalition) hagati y'abatorewe guhagararira ubwoko (amakomini) runaka ni uburyo bwakwifashishwa mu kubaka ubumwe no mu kwirinda ko imishinga ya za guverinoma yadindizwa no kubura gishyigikira mu nteko nshingamategeko (njyanama).

Igitekerezo-shingiro cya 5

Mu gihe demokarasi yaba imaze gushinga imizi, u Rwanda rwaba rushobora kureka kwisunga gusa igitsure cy'amahanga yihagazeho arushyigikiye muri iyi politiki gahuzamiryango, rugasubizaho urwego rw'ingabo z'igihugu.


---
1Uturere tw’u Rwanda uko ari tune (amajyepfo cyangwa “Nduga ngari”, amajyaruguru cyangwa “Rukiga ngari”, uburasirazuba cyangwa “Buganza ngari” n'umurwa mukuru cyangwa “Kigali ngari”) dufite byinshi duhuriyeho ariko nanone dufite ibyo dutandukaniyeho, hakubiyemo kuba umutungo kamere watwo udateye kimwe kandi ntuboneke hose ku gipimo kimwe. Akarere k’amajyaruguru (Rukiga ngari) kagizwe n’ubutaka bw’u Rwanda rwa none buherereye hejuru y’urubibi rutandukanya Karongi na Rutsiro, umugezi wa Nyabarongo, umugezi wa Nyabugogo, no mu burengerazuba bw’umurongo uhuza Cyamutara na Muti-Nyagahanga (uciye i Rwafandi, mu Rukomo n’i Kagamba), n’imigezi ya Walufu na Kagitumba. Akarere k’umurwa mukuru (Kigali ngari) gahana imbibi n’akarere k’urukiga n’ikiyaga cya Muhazi mu majyaruguru yawo, akarere k’induga mu burengerazuba bwawo, igihugu cy’u Burundi mu majyepfo yawo, n’ikiyaga cya Mugesera mu burasirazuba bwawo. Akarere k’amajyepfo (Nduga ngari) kagizwe n’ubutaka bw’u Rwanda rwa none buherereye hagati y’ibihugu by’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, akarere k’urukiga n’umugezi w’Akanyaru. Akerere k’uburazirazuba (Buganza ngari) kagizwe n’ubutaka buherereye mu burasirazuba bw’umujyi wa Kigali n’akarere k’amajyaruguru.

---
*Inyandiko igizwe ahanini n’ibikubiye mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa facebook mu kwezi kwa kamena 2020.

--------------------------------------------------------------------------------------------------------------------------