Showing posts with label gusesengura. Show all posts
Showing posts with label gusesengura. Show all posts

Saturday 11 September 2021

Aho ntibigamije ahubwo guhisha ko Paul Kagame yaba afungishijwe ijisho !

Ibigaragarira bose ni uko hashize igihe ataboneka aho aba yitezwe. Kubw’ibyo, n’umuntu utaba yaragize aho ahurira n’inkuru zakwirakwijwe ku rupfu rwe yakwigerera we ubwe ku mwanzuro w’uko agomba kuba ari mu mimerere imuhatira kwizingira hamwe nk’uburwayi cyangwa akaba atakiriho, mbere na mbere mu buryo bwa politiki, hanyuma mu buryo bw’umubiri; bishobora kandi kuba atari uko bimeze akaba ahubwo afungishijwe ijisho ku buryo atari we ugena aho ajya n’aho atajya. Ni koko, ibyo kuba yaba afungiwe iwe na byo birashoboka kandi, biramutse ari byo, nta gushidikanya ko leta yahoze ari iye yakora ibishoboka byose ngo ibihishe.

Uko byaba biri kose, icyo abanyarwanda bakwiye kwitondera mu bihereranye n’inkuru y’urupfu rwa Paul Kagame ni ukuba leta y’inkotanyi isanzwe ari isoko y’inkuru zitari zimwe zitangazwa n’abantu bambaye umwambaro wa opozisiyo. Birashoboka rwose ko, ifashijwe no kuba ari yo yamenye mbere ya opozisiyo ko guhera ubwo Paul Kagame yari kutazongera kuboneka aho yari kuba akwiye kuba agaragara ndetse ikaba yari izi n’imvano yabyo ariko idashaka ko ukuri kuri byo kuba ikimenyabose, leta y’inkotanyi yitanguranyijwe igashaka mu bo muri opozisiyo abo yari kwizera ko badashungura ibyo babwiwe mbere yo kubimira no kubikwirakwiza. Imaze kubabona akaba ari bo (hamwe n’inkotanyi zikorera mu mahanga) isunikira inkuru yakoze mu buryo buhuje n’uko yifuzaga ko uko kubura kwe kuzafatwa na rubanda ngo bazitangaze mu ijwi rya opozisiyo.

Ukuri ni uko kugeza ubu nta munyapolitiki n’umwe mu batavuga rumwe na leta bakorera mu bwigenge busesuye urubaka ubushobozi bumushoboza kuba yaneka ingoma y’inkotanyi. Kwitegereza ibihe n’ibimenyetso kimwe no gusesengura ibiba, ibivugwa n’ibyandikwa byo birashoboka. Ariko ibyo kuba hari uwacengera inkotanyi kugeza ubwo ari zo ubwazo zamugezaho amakuru atariho umukungugu ku bijyane n’ibibera mu nda y’ingoma yazo biracyari kure. Ikimenyetso kibigaragaza ni uko n’izitwa zo zabaye ibigarasha nta cyo zivuga ku byo zabayemo usibye guhirika ibibuye birangaza rubanda cyangwa gutangaza ibisanzwe ari ikimenya bose babyita kumena amabanga y’ingoma bitazwi niba mu by’ukuri barayisohotsemo.

----------------------------------------------------------------------------------------------------------------------------